Bitugangondo riramukwiye!
Nguwo utunga izirema ibondo!
Nguwo utanga izihaga umuntu!
Nguwo uwagukiriza abantu,
Akabaha inkuke y'uyu munsi!»
Mutara ati «ngiyo yewe inama!»
Ahuta asanga Majoro mu nzu
Ati «iyo washakaga ubu nzi aho iri,
Ni uko itunzwe n'abadatorwa,
Kuyikomeraho nkabibakeka,
Nyamara wanditse nk'ibaruwa,
Nkayiha umuntu akayigabana,
Ari wowe ndabona ko byashoboka!»
Majoro abyumvise arahuta,
Yaka wino ashyira ku meza,
Araruziringa afunga ibahasha,
Baruha umuntu ngo ahutere,
Ajya Nyakibanda shishi itabona.
Kwenda Indyoheshabirayi.
INDYOHESHABIRAYI IV
Ingurube iryohera mu misango
Iya rwisumbura ku ntama,
Nkunda impogazi y'imihore
Iya rusukurwa n'abo mu nzu,
Isonera amenyo y'abayishiha,
Ikarusha isake gushya mahwane
Igira imihore rutagugumba,
Igera no mu nda igahwekera;
N'uwayiriye agaheza utubavu,
Ntagugarirwe yabera.
Umunsi Padiri uwo ayitanga,
Yaje u Bwanamukari ihaze,
Ihaga amabondo iziba imihanda
Mashuba zose zirahagarara
N'abadereva baracemerwa; .../...
Ibikurikira murabisanga kuri paji Indyoheshabirayi (8)